09/02/2026
Ibitaro bya Ruli byizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi
Ibitaro bya Ruli byizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi ku nsanganyamatsiko igira iti “Impuhwe z’Umusamariya: Gukunda wakira ububabare bw’undi”, hibandwa ku kwimakaza indangaciro z’impuhwe, urukundo n’ubwitange mu kwita ku barwayi.
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro, Dr Kaneza Deogratias, yashimiye abafatanyabikorwa n’abakozi ku ruhare bagira mu gutanga serivisi nziza, ashimangira ko ubufatanye ari inkingi ikomeye mu guteza imbere ubuzima.
Ibirori kandi byitabiriwe n' Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli, Hakizimana Jean Bosco nk'intumwa y'akarere ka Gakenke, yashimiye Kiliziya n’abatanga serivisi z’ubuzima ku musanzu wabo, abasaba gukomeza kunoza serivisi z'ubuzima.
Padri Donatien Twizeyimuremyi, intumwa ya Archdiocese ya Kigali, nawe yibukije buri wese kwita ku bubabare bwa mugenzi we no kumuba hafi.
Muri iki gikorwa, hatanzwe impano ku barwayi, hanabaho gusangira na bo no kubagaragariza urukundo n’impuhwe.
đź’™