05/11/2024
Ibimenyetso 10 utaruzi bizagucira amarenga y’indwara ya kanseri
Kanseri ni indwara isaba kuvurwa hakiri kare kuko iyo itinze yica, kandi ikaba nta rukingo igira.
Ibi ni bimwe mu bimenyetso bica amarenga y’uko umuntu ashobora kuba ayirwaye akagana kwa muganga hakiri amahirwe yo kumutabara.
1.Inkorora idakira
Hari abarwara inkorora ntikire bakayishakira impamvu zitari zo zayiteye nko kuvuga ko yatewe n’ihinduka ry’ikirere. Nyamara ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cyita ku ndwara za kanseri cyo mu Bwongereza, bwagaragaje ko ½ cy’abantu bakuru barwaye inkorora idakira bagaragayeho kanseri . “ By’umwihariko inkorora irimo amaraso ikwiye kwitonderwa,kuko ishobora kuba ikimenyetso cya kanseri yo mu bihaha
2.Kwituma bidasanzwe
Impuguke mu buvuzi bwa kanseri Barthélemy Bevers avuga ko impinduka mu cyane bitari bisanzwe cyangwa kugira umusarane wahindutse bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri y’urura runini.
“ iyo umusarane wabaye mwinshi bidasanzwe haba hari ikibazo mu mara, ni ngombwa kwihutira kwa muganga”.
3.Inkari zihindagurika
“Niba ufite inkari zirimo amaraso, bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri yo mu ruhago cyangwa mu mpyiko cyangwa ikibazo cy’indwara isanzwe yo mu miyoboro y’inkari. Ni byiza kwihutira kwa muganga”.
4.Ububabare bwa hato na hato kandi budafite inkomoko
Kubabara mu kiziba cy’inda ku bagore bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri y’inkondo y;umura
“ Kugira kenshi ububare si ikimenyetso cya kanseri, ariko iyo ubabare budashira ni ibyo kwitondera: kuribwa umutwe udashira no kubabara mu gatuza bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri y’ibihaha kimwe n’uko kubabara mu nda bishobora kuba ari ikimenyetso cya kanseri y’umura ku bagore ”.
5.Guhinduka k’uruhu
Mu gihe umuntu abona uruhu rwe rugenda ruhinduka, ni byiza kwihutira kwa muganga w’uruhu, kuko bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri y’uruhu.
6.Igisebe kidakira
Niba ufite igisebe kidakira cyangwa gikira kikagaruka, ihutire kujya kwa muganga mu maguru mashya, kuko cyagombye gukurikiranwa bidatinze.
7.Kuva amaraso mu gitsina bitunguranye
Kuva amaraso bitari ukujya mu mihango bya buri kwezi ni ikintu cyo kwitonderwa, kuko bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri y’inkondo y’umura, mu gihe ku bagabo bishobora kuba ikimenyetso cya kanseri ya porositate.
8.Kunanuka mu buryo budasobanutse
Kunanuka byizanye nta ruhare na ruto ubigizemo bishobora kuba ikimenyetso gikomeye cy’uburwayi bukomeye, urugero nk’ikibyimba cyo ku bwonko. Ni byiza kwihutira kwa muganga mu gihe uri guta ibiro.
9.Igishyuti cyangwa kubyimbagatana byizanye
Igihe cyose umuntu agize igishyuti ni byiza kwihutira kwa muganga, kuko bishoboka ko cyaba ari ikimenyetso cya kanseri yibasira ingirangingo zo ku ruhu. “ nk’urugero akabyimba mu gatuza gakunda kuba ikimenyetso cya kanseri y’ibere.
10.Kutabasha kumira
Abashakashatsi bavuga ko kutabasha kumira ibiribwa runaka bikwiye kwitonderwa kuko ari kimwe mu bimenyetso bya kanseri y’ijosi cyangwa umuhogo. Akaba ari byiza kwivuza mu gihe umuntu afite icyo kibazo.
Bimwe mu bitera Cancer n’uko wabyirinda
*Ushobora gupimwa inshuro 6 Cancer ntiboneka umubiri ukirwana nayo
*Cancer zibamo amoko agera kuri 200
* Guhangayika no kwiheba nabyo bitera Cancer
*Cancer niyo ndwara yica abantu benshi ku isi
Cancer ni indwara itinyitse kuko benshi bazi ububi bwayo n’uko yica nabi kandi ubu iri kwica benshi. Cancer ubwayo si indwara y’urugingo runaka rw’umubiri ahubwo ni indwara ishobora gufata urugingo rwose rw’umubiri. Cancer ni ugukura nabi kw’ingirangingafatizo (Cell) maze ingirabika (tissues) zikangirika zikibumbira hamwe zikabyara ibibyimba bikomeza gukwirakwira byangiza ingingo, umubiri ukorohera indwara hafi ya zose imyanda ikagwira mu maraso
Cancer irimo amoko asaga 200 bitewe naho iba yafashe ku gice cy’umubiri.
Aha twavuga cyane nk’ iy’ amabere, iya prostate, uruhu, igifu, ubwonko, nyababyeyi(uterus), inkondo y’umura, amagufa, umwijima, ibihaha, amara, uruhago rw’inkari n’urwagashya(pancreas) n’ibindi bishobora gufatwa na cancer.
Mu bintu bishobora gutera Cancer harimo izuba ry’igikatu, imirasire ya radiography yitwa X-rays, ibikoresho by’ubutabire(chemical products) nk’ amafumbire, imiti yica udukoko, amavuta yo kwisiga ashobora guhindura uruhu….n’ibindi.
Kurya kenshi cyane ibikomoka ku matungo, isukari nyinshi, umunyu mwishi, ibiryo bibikwa igihe kirekire(conserved foods) kubera imiti iba yongewemo, ibiryo bikonje cyangwa bishyushye cyane.
Kunywa itabi, ibisindisha, ndetse ngo burya n’ikawa(coffee) irimo ikiyobyabwenge karemano cyitwa caffeine nayo iyo inyowe kenshi ishobara gutera cancer.
Ibindi bitangaje mu gutera cancer ni uguhora uhangayitse cyangwa wihebye.
Kutarya indyo yuzuye (ibitera imbaraga, ibyubaka umubiri n’ibirinda indwara) kudakora imyitozo ngororamubiri nabyo byongera ibyago byo gufatwa na Cancer.
Abantu benshi bafite ibyago byo kurwara Cancer kuko ngo ishobora gufata umuntu inshuro zirenga esheshatu (6) zose ibipimo byo kwamuganga bitayibona kuko umubiri uba ikirwanyarwanya.
Uko wakwirinda Cancer
Mu rwego rwo kuyiirinda no kugabanya uburibwe mu bayirwaye ni ugukurikiza izi nama duhabwa na Dr. Patrick Quillin ari zo kugabanya no kureka, kubo bishobokeye, isukari mvaruganda n’ibyo yongewemo byose, ibikomoka ku matungo n’umunyu mubisi.
Kurya kenshi gashoboka imbuto n’imboga mbisi cyane cyane tungurusumu, kurya ubunyobwa, gukora sport no gushakisha uburyo bwose bwiza bwo kwiha amahoro muri wowe.
Kubundi bufasha kundwara nkizi zitandura watubona kuri: 0786 660 691 (Whatsapp/call)